Igihugu cy’u Rwanda mu biganiro byo kugarura umutekano muri Congo

img
Amb Nduhungirehe Olivier

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Nduhungirehe Olivier, ari muri Angola, aho yitabiriye Inama ya Gatandatu y’Ibiganiro by’i Luanda bigamije gushakira hamwe umuti w’ibibazo by’amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, RDC.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’aho tariki 5 Ugushyingo 2024, ku mupaka munini uhuza u Rwanda na RDC, uzwi nka La Corniche, habereye ibiganiro byahuje intumwa z’u Rwanda, RDC n’iza Angola nk’umuhuza w’ibi bihugu.
Izi ntumwa zaganiriye ku ngingo zirimo umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, gusenya Umutwe w’Iterabwoba wa FDLR no guhagarika imirwano hagati y’Ingabo za RDC n’imitwe yihuje na yo, bahanganye n’Umutwe wa M23.

Muri ibi biganiro, u Rwanda rwahagararirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, mu gihe ku rundi ruhande Thérèse Kayikwamba, Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga wa RDC, ari we wari uhari, Angola nk’umuhuza hagati y’ibi bihugu na yo ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Tete Antonio.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, aherutse kubwira RBA ko asanga ubushake bwa politiki ari intambwe y’ingenzi mu gukemura burundu ikibazo cy’umutekano muke kiri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, akaba asanga kandi n’iyubahirizwa ry’imyanzuro y’ibiganiro bya Luanda ari ingenzi muri urwo rugendo.

Gusa Minisitiri Nduhungirehe avuga ko biba ikibazo aho akenshi usanga Congo ibyo ivuga mu itangazamakuru biba binyuranye n’ibyo yemeje mu nama.

KANDA HANO WUMVE RADIO

img

img

Share:
Andi makuru byerekeranye

Ibitekerezo 0

Tanga Igitekerezo